ikipe y' igihugu Amavubi ubu yatangiye kwitegura uburyo yazitwara neza mw' itsinda rya H, bakazaba bari kumwe na Algerie, Malie, na Benin, murumva ko ritoroshye turasabwa kuyijya inyuma.
ubu abakinnyi bari mu mak8ipe yabo aho barabanza gukina imikino ya shampiyona ubundi kuwa mbere tariki ya 21 bakazahita bajya mu mwiherero wo kwitegura CECAFA.
Saturday, November 19, 2011
Nicyi wamenya kuri Tour of Rwanda 2011.
Tour of Rwanda ni irushanwa ngarukamwaka ryo gusiganwa ku magare, rikorwa rizenguruka u Rwanda mu byiciro bitandukanye. Rikaba ryaratangiye mu 1989.
Tour of Rwanda itegurwa n’Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda (FERWACY). Mu mwaka 2009 ryashyizwe kuri gahunda y’amasiganwa mpuzamahanga abera ku mugabane wa Afurika, Tour of Rwanda 2011 ikazaba iri ku nshuro ya 3 ibaye kuva yashyirwa ku ngengabihe y’amarushanwa yo mu rwego rw’ Afurika.
Tour of Rwanda 2011 izitabirwa n’amakipe 12 azaba arimo abakinnyi bagera kuri 60, aturutse mu bihugu 11 harimo n’ u Rwanda, bamwe mu bakinnyi bibihangange bazitabira iyi Tour of Rwanda 2011 twavugamo nka umunya Maroc Adil Jelloul, abanyarwanda Niyonshuti Adrien na Ruhumuriza Abraham, Umunya Afurika y’Epfo Janse Van Rensburg n’abandi.
Tour of Rwanda 2011 izamara iminsi itandatu, ikazatangira tariki ya 20 Ugushyingo 2011 irangire tariki ya 26 Ugushyingo 2011, abakinnyi bakazasiganwa ahantu hareshya n’ ibirometero bisaga 1000 mu byiciro birindwi n’ ikindi kimwe kigufi (4 km) kizakinwa ku munsi wa mbere ubwo hazaba hafungurwa iryo siganwa.
Tour of Rwanda 2011 ikaba izanyura mu bitangazamakuru bitandukanye byo mu Rwanda no hanze, muri byo twavuga nka TV5 Monde, L’Equipe, RMC Info, RFI,The Guardians, RTV, IGIHE.com n’ ibindi.
Kubera ukuntu umukino w’ amagare uri kugenda uzamuka mu Rwanda, abanyarwanda nabo bari kugenda bawukunda kurushaho, ubu abeshi bakaba bategereje kureba uzegukana iyi Tour of Rwanda 2011 agasimbura igihangange umunya Eritrea Teklehaimanot Daniel waryegukanye umwaka ushize.
Adrien Niyonshuti azakinira ikipe ya MTN QHUBEKA muri Tour of Rwanda 2011.
Ku cyumweru tariki ya 20 Ugushyingo 2011 mu Rwanda hateganyijwe gutangira irushanwa mpuzamahanga ry’amagare rizwi ku izina rya Tour of Rwanda, umukinnyi w’ umunyarwanda Adrien NIYONSHUTI akazakinira ikipe ye ya MTN QHUBEKA.
Mu kiganiro twagiranye na Perezida wa FERWACY Aimable BAYINGANA, yadutangarije ko Adrien NIYONSHUTI azakinira ikipe ye ya MTN QHUBEKA. Bayingana yagize ati : “Koko Adrien azakinira club asazwe akinira yo muri Afurika y’ epfo ya MTN QHUBEKA, ntabwo azakinira ikipe y’ u Rwanda nkuko byari bisanzwe”.
Bayingana ati : “Kuba Adrien azakinira iriya kipe koko bishobora kuzatuma ikipe y’ u Rwanda ishobora kutitwara neza muri iyi Tour of Rwanda 2011 kuko azaba ari umukinnyi ukomeye uvuye mu ikipe, ariko na none bizatuma yitwara neza kuko azaba ari mu ikipe ikomeye noneho agire amanota menshi ayo manota niyo ishyirahamwe ry ‘ umukino w’ amagare kw’ Isi (UCI) rigenderaho ryerekana uko ibihugu bihagaze, byumvikana ko dushobora kuzahita tuzamuka mu myanya myiza”.
Perezida wa FERWACY Bayingana yanakomeje asobanura ko bizanatuma hari undi mwanya uboneka mw’ ikipe y’ igihugu hakajyamo undi mwana w’ umunyarwanda, ibyo bizatuma hakomeza kwiyongera umubare w’abanyarwanda bitabira amarushanwa mpuzamahanga bakanagira n’amahirwe yo kwerekana icyo bashoboye.
Umuyobozi w’ ishyirahamwe ry’ umukino w’amagare mu Rwanda Aimable Bayingana yakomeje adutangariza ko Adrien Niyonshuti azajya akina yambaye umwenda w’ ikipe y’ u Rwanda, ibi bikazajya bigira uruhare mu gutera abandi morale kuko nubwo azaba ari mu yindi kipe ariko akiri kumwe nabo.
Adrien Niyonshuti waje ku mwanya wa 8 muri Tour of Rwanda y’ umwaka ushize akazaba ari mw’ ikipe ya MTN QHUBEKA, aho azaba ari kumwe na bamwe mu bakinnyi b’ibihangange nk’ umunyafurika y’ epfo Janse Van Rensburg Jacques uherutse kwegukana umwanya wa 2 mu marushanwa nyafurika yaberaga muri Eritrea, iri rushanwa abasiganwa bazenguruka hafi mu ntara zose zigize u Rwanda mu byiciro bitandukanye rikazenguruka ahantu harenga ibirometero 1000 (1000km).
Ese abanyarwanda bategereje gute Tour of Rwanda 2011 ?
Buri mu mpera z’ umwaka mu Rwanda habera irushanwa ryo gusiganwa ku magare ryitwa Tour of Rwanda, iri rushanwa abasiganwa bazenguruka hafi mu bice byose bigize u Rwanda. Iri siganwa riba mu byiciro bitandukanye rikazenguruka ahantu harenga ibirometero 1110 (1110km).
Umukino w’ amagare n’ umwe mu mikino ikuzwe cyane mu Rwanda, uyu mukino ukaba ufite umwihariko wo kuba ugaragara ahantu henshi (mu duce twishi) hatandukanye kandi n’abawureba bakawurebera ubuntu. Tour of Rwanda 2011 itegerejwe cyane n’abakunzi b’ umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda, urebeye kuri amwe mu marushanwa amaze iminsi aba mu Rwanda asa nkategura iri siganwa wasangaga ku mihanda hari abafana benshi cyane, iyo uganiriye na bamwe mu baje kureba uyu mukino bakwereka uburyo uyu mukino ari mwiza cyane, mu minsi ishize twaganiriye na bamwe mu bafana barimo bakurikirana Kigali City Tour 2011, abeshi bakubaza nimba ari Tour of Rwanda yatangiye, cyagwa igihe izatangirira cyane ko abeshi baba bayitegereje.
Tour of Rwanda kuva mu mwaka wa 2009 yagizwe isiganwa mpuzamahanga, kuva icyo gihe iri siganwa ryahinduye isura, umubare w’abakinnyi wariyongeye kandi hatangira kuzamo n’abakinnyi ba mbere mu rwego rwa Afurika nandi makipe atandukanye aza aturutse hirya no hino kw’ Isi, ibi nabyo byatumye umubare w’abakurikiranaga iri siganwa wiyongera cyane.
Tour of Rwanda 2011 ikaba itegerejwe na benshi aho kuri ubu mu Rwanda abantu baba babikurikiranye mu bitangazamakuru bitandukanye bazi neza agace amagare ari bucemo, ugasanga mudusantere abantu buzuye cyane ahantu haba hirengereye ku buryo babasha kureba igice kinini cy’ umuhanda.
Amakuru ducyesha akanama gashizwe gutegura Tour of Rwanda n’ uko uyu mwaka bizeyeko umubare w’abanyarwanda ndetse n’abandi baza gukurikirana iri siganwa uziyongera bagendeye ku buryo imibare y’abafana mu marushanwa atandukanye yo gusiganwa ku magare yagiye yiyongera muri iyi myaka ishize.
Amakipe 10 azitabira Tour of Rwanda yamaze kugera i Kigali.
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 18 Ugushyingo 2011 mu masaha y’ umugoroba, ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cy’i Kanombe hageze amakipe ya AVIA FLANDERS yo mu Bubiligi na REINE BLANCHE yo mu Bufaransa.
Aya makipe yaje yiyongera ku yandi makipe yamaze kugera i Kigali harimo ikipe ya TYPE 1 SANOFI yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, iya MTN QHUBEKA yo muri Afurika y’epfo n’ ikipe y’ igihugu ya Tanzanie, ikipe y’ igihugu ya Gabon, ikipe y’ igihugu ya Kenya n’ikipe y’ igihugu ya Ethiopia.
Kugeza ubu amakipe yose azitabira Tour of Rwanda 2011 uko ari 8 akaba yamaze kugera mu Rwanda aho acumbikiwe mu ma Hoteri atandukanye yo muri Kigali, hakiyongeraho amakipe abiri y’ u Rwanda Kalisimbi n’ Akagera.
Tour of Rwanda 2011 iratangira kuri icyi Cyumweru tariki ya 20 Ugushyingo 2011 ikazatangirira kuri Stade Amahoro guhera saa munani (14h00).
Thursday, November 10, 2011
Ikipe y’igihugu Amavubi yageze Asmara
Kuwa Kane tariki ya 10/11/2011 ku isaha ya saa sita n’iminota 20 ku isaha ya Asmara mu gihugu cya Eritrea, hari ku isaha ya saa tanu n’iminota 20 ku isaha yo mu Rwanda, nibwo ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’u Rwanda yari igeze ku kibuga k’indege mpuzamahanga cya Asmara.
Hari izuba ariko rivanze n’umuyanga urangwa muri icyo gihugu, ikipe yahise yerekeza kuri Hotel yitwa Asmara Palace, abakinnyi bajya gufata ifunguro bajya gufata akaruhuko, imyitozo ikaza gukorwa ku isaha ya saa cyenda n’igice ku isaha ya Asmara ubwo ni saa munani n’igice yo mu Rwanda.
Umukino ukaba uzakinwa kuwa gatanu saa cyenda n’igice ya Asmara, abatoza n’abakinnyi bose intero yabo nimwe gushaka intsinzi mu mukino wejo.
Si ibihuha Micho arashaka kuzana super sport mu Rwanda
Umutoza w’ikipe y’igihugu amavubi Sredejovic Milutin, Micho, atangaza ko iyo agiye mu gihugu azana ibye byose mu gihugu, yaba inshuti, ubumenyi bwe n’ubwenge bwe aho agiye mu kazi hose.
Aya magambo yayabwiye itangazamakuru ubwo ryamubazaga,niba koko ibyavuzwe ko yaba afitanye ubushuti na bamwe mu bayobozi ba Supersport,televiziyo mpuzamahanga ikunze kwerekana imikino mpuzamahanga,ari ukuri.
Yagize ati:”ibi byose bisaba ko televiziyo y’u Rwanda izaba ifite ibyuma bikomeye byabasha kohereza amashusho agezweho, kuko ntabwo hazava abantu muri afurika y’epfo gukoresha kamera,ariko nk’uko bimeze muri Ouganda no muri Kenya,ni uruhare rukomeye rwa TVR.”
Uyu mutoza yemeza ko ko afitanye ubucuti na bamwe mu bayobozi ba Supersport kandi ko azakora ibishoboka byose,shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ikerekanwa kuri iriya televiziyo mpuzamahanga.
Ibi byatangajwe mu gihe bivugwa ko kuzana supersport mu Rwanda,byaba ari muri bimwe byagizwe iturufu n’uyu mutoza kugirango akunde abone akazi ko gutoza amavubi.
Wednesday, November 9, 2011
Real – Kaka : "CR7 plus complet que Messi"
A l’heure où Lionel Messi et Cristiano Ronaldo se tire la bourre à coup de buts en Liga et en Ligue des champions, la prochaine élection du Fifa Ballon d’Or France-Football remettra sur la table la rivalité entre l’Argentin et le Portugais. Dans les colonnes du quotidien ibérique Marca, le milieu brésilien Kaka a estimé que "CR7" est "plus complet" que la "Pulga", ajoutant : "Messi est unique en son genre. Pour dire qui est le meilleur joueur du monde, c’est relatif, cela dépend de beaucoup de choses. Messi et Cristiano Ronaldo sont les deux meilleurs joueurs au monde, mais dans le football d’aujourd’hui, Cristiano est plus complet. Il marque du droit, du gauche, de la tête."
Download: eType1.com/f.php?FHVdoy
wowe se, urabyumva ute?
![]() |
ngabo abasore bakomeje guhanganisha abakunzi ba ruhago. |
Abakinnyi b’u Rwanda mu gutwara amagare 5 bazitabira imikino Nyafurika izabera muri Eritrea
Ikipe y’igihugu mu mukino w’amagare ikomeje imyiteguro ikomeye mbere yo guhaguruka berekeza mu gihugu cya Eritrea nkuko biteganyijwe kuri uyu wa mbere tariki ya 7 Ugushyingo 2011, bakazitabira imikino Nyafurika mu isiganwa ry’amagare rizaba tariki ya 9 kugeza 14 Ugushyingo 2011.
Amakuru dukesha ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare (FERWACY), abakinnyi bagera kuri 18 bakomeje imyitozo ikomeye n’umutoza wabo Jonathan Bauer mu rwego rwo kugira ngo bazitware neza mu marushanwa akomeye bagiye kwitabira harimo Shampiyona Nyafurika izabera mu gihugu cya Eritrea ikazitabirwa n’ikipe y’abasore batanu bazahaguruka mu Rwanda kuri uyu wa mbere tariki ya 7 Ugushyingo 2011 na Rwanda Air ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, hakazakurikiraho Tour du Rwanda izabera mu Rwanda guhera tariki ya 20 Ugushyingo 2011 ikazagaragaramo amakipe abiri y’Abanyarwanda.
Ikipe y’igihugu izitabira imikino Nyafurika izaba igizwe na Adrien Niyonshuti uheruka kwegukana Kigali City Tour akaba akinira muri Afurika y’Epfo, abakinnyi babiri baheruka kujya kwitoreza mu Busuwisi aribo Gasore Hategeka na Nicodem Habiyambere hiyongereho Nathan Byukusenge na Joseph Bizumuremyi.
Perezida wa FERWACY, Aimable Bayingana akaba aherutse gutangariza IGIHE.com ko biteguye kwitwara neza bitewe n’imyitozo abakinnyi barimo ndetse n’uburyo bamwe bagiye babashakira uburyo bwo kujya kwitoreza hanze y’igihugu bigatuma hari byishi bahigira nko kumenyera amasiganwa, ndetse no gutinyuka abandi bakinnyi bibihangange, Bayingana yakomeje atangaza ko n’ibikoresho baheruka kubona bizagira byishi bibongerera.
Iri siganwa Nyafurika ni rimwe mu bishobora gutuma abakinnyi babona itike yo kwitabira imikino olempike izabera mu mujyi wa Londre mu Bwongereza mu mwaka utaha wa 2012, usibye Adrien Niyonshuti wamaze kubona iyo tike abakinnyi bakaba bashaka gukoresha ayo mahirwe bakaba bakwitwara neza bakabasha kuhakura iyo tike.
Shampiyona Nyafurika yo gusiganwa ku magare ikaba izagaragaramo ibihangange bitandukanye nk’umunya Eritrea Daniel Teklehemanote wayegukanye umwaka ushize ubwo ryaberaga mu Rwanda, hakazagaragaramo abakinnyi nk’umunyamaroke Adil Jerulu n’abandi.
Sir Alex Ferguson yahawe icyubahiro ubwo hizihizwaga imyaka 25 amaze atoza Man U
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 5 Ugushyingo 2011 byari bishyushye mu mujyi wa Manchester mu gihugu cy’ u Bwongereza aho ikipe ya Man U yizihizaga imyaka 25 umutoza wayo Sir Alex Ferguson amaze ayitoza.
Sir Alex Ferguson yatangiye gutoza iyi kipe tariki ya 6 Ugushyingo 1986. mu rwego rwo kumushimira, abayobozi n’abafana b’ ikipe bari bamuteguriye ibirori bitandukanye ubwo iyi kipe yakinaga umukino wa shampiyona kuri uyu wa gatandatu.
Umukino ugiye gutangira, abakinnyi bavuye mu rwambariro mbere y’ umutoza Alex Ferguson baraza bamukorera koridori (corridor) kugirango acemo hagati, bigaragaza kumuha icyubahiro ; byakomeje Sir Alex Ferguson ageza ijambo ku bari muri Stade ya Manchester United ariyo Old Trafford, akaba yabashimiye kubyo bagezeho bafatanyije, akomeza avuga ko yagize amahirwe yo gutoza ikipe ya mbere ku isi n’abakinnyi beza bagiye banyura mu ikipe yabaga atoza mu bihe bitandukanye.
Sir Alex Ferguson yaje kubona ko hari igice cya Stade bamwitiriye, hari handitseho Sir Alex Ferguson Stand mu nyuguti z’ umutuku.
Mu myaka 25 amaze atoza Man U, Sir Alex Ferguson akaba amaze gutwara muri rusange ibikombe 37 !
Abenshi mu bihangange bya ruhago bagize icyo bamuvugaho, wasangaga bose bahurira ku kuba uyu mugabo yaragaragaje ubutwari mu guteza imbere ruhago kandi akaba yarakoze byinshi bitangaje babona ko bidapfa gukorwa na buri wese.
Abakinnyi b’ ikipe ya Manchester United bakaba bahaye umutoza wabo impano y’amanota atatu babifashijwemo na Brown wigeze gukinira Man U, ubwo yitsindaga igitego kimwe rukumbi cyagaragaye ku mukino wabahuje na Sunderland.
Download: eType1.com/f.php?FHVdoy
![]() |
Sir Alex yinjira mu kibuga amakipe yose amuha icyubahiro. Download: eType1.com/f.php?FHVdoy |
![]() |
ubwo yatangaga ijambo kubari bahari bose |
Emery na Butera mw' ikipe izerekeza muri Eritrea kuri uyu wa kane.
Umutoza w’ikipe y’igihugu AMavubi Sredejovic Milutin Micho yatangaje abakinnyi 18 agomba kwitabaza mu mukino utegerejwe kuri uyu wa gatanu tariki ya 11/11/11 muri Eritrea.
Uyu mukino ukaba uri mu rwego rwo gushaka itike yo kujya mu mikino yanyuma y’igikombe cy’isi kizabera muri Brazil aho u Rwanda rubanje mu ijonjora rya mbere.
Biteganyijwe ko ikipe ihaguruka mu Rwanda kuri uyu wa kane mu masaha ya mu gitondo aho izakora imyitozo yanyuma i Asmara mu masaha ya nimugoroba mbere yo gukina umukino kuri uyu wa gatanu ku isaha ya saa cyenda n’igice.
Biteganyijwe ko umukino wo kwishyura uzaba tariki ya 15/11/11 i Kigali , aho ikipe izaba yatsinze indi muri iyi mikino yombi ariyo izakomeza mu matsinda ikazaba iri mu itsinda H hamwe na Benin, Mali na Algeria.
Abakinnyi bahamagawe :
- Jean Claude Ndoli
- Jean Luc Ndayishimiye
- Eric Gasana
- Ismail Nshutiyamagara
- Kalisa Mao
- Albert Ngabo
- Olivier Karekezi
- Haruna Niyonzima
- Hussein Sibomana
- Meddie Kagere
- Frederic Ndaka
- Jean Baptiste Mugiraneza
- Jean Claude Iranzi
- Elias Uzamukunda
- Jerome Sina
- Emery Bayisenge
- Andrew Buteera
- Kamana Bokota Labama
CECAFA: Amavubi azacakirana na Tanzaniya ifite iki gikombe.
Guhera tariki ya ya 24 Ugushyingo kugeza tariki ya 10 Ukuboza 2011 i Dar es Salaam muri Tanzaniya hateganyijwe kubera irushanwa rihuza amakipe y’ ibihugu by’Africa yo mu karere k’iburasirazuba n’iyo Hagati yiswe Tusker CECAFA Cup, ikipe y’ igihugu Amavubi ikaba yashyizwe mw’ itsinda ryua mbere aho iri kumwe na Tanzaniya izakira aya marushanwa.
![]() |
Sredojevic Milutin Micho |
Uko amakipe yashyizwe mu matsinda.
Itsinda A
Tanzania, Rwanda, Ethiopia na Djibouti.
Itsinda B
Uganda, Burundi, Zanzibar na Somalia.
Itsinda C
Sudan, Kenya, Malawi na Eritrea.
Ikipe y’ igihugu Amavubi ikazitabira iyi mikino imaze gukina imikino ibiri n’ ikipe y’ igihugu ya Eritrea izasobanura nimba u Rwanda ruzaba rwabonye itike yo gushyirwa mu matsinda aho amakipe azacakirana ashaka itike yo kwerekeza mu mikino ya nyuma y’ igikombe cy’ Isi kizabera muri Brazil 2014.
Saturday, June 25, 2011
Abantu barenga 2000 nibo bazitabira umunsi mpuzamahanga olempike mu Rwanda
Kuwa Kane tariki ya 23 Kamena mu cyumba cy’ inama cya komite olempike y’ u Rwanda, abayobozi ba komite olempike y’ u Rwanda bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru hasobanurwa ku munsi mpuzamahanga olempike uba buri mwaka.
Nk'uko byasobanuwe na Dr Charles Rudakubana, umuyobozi wa komite olempike y’ u Rwanda, buri mwaka hategurwa umunsi mpuzamahanga wa olempike, ukabera mu bihugu byose tariki ya 23 Kamena, ariko ngo mu Rwanda uyu munsi wimuriwe tariki ya 16 Nyakanga 2011.
Rudakubana ati: “Mu Rwanda uyu munsi twawimuriye tariki ya 16 Nyakanga 2011, ukazabera mu mujyi wa Kigali, ibi byatewe n’uko uyu munsi wagiye uhura n’izindi gahunda nyinshi.”
Dr Rudakubana yakomeje asobanura uyu munsi wa olempike ko ari umunsi bakanguriraho abantu bose ibyiza bya siporo mu ngeri zose aho yatanze urugero rw’ abateganyijwe kwitabira uyu munsi.
Rudakubana ati: “Uyu ni umunsi w’abantu b’ingeri zose, mu bantu barenga ibihumbi bibiri duteganya bazitabira uyu munsi haba harimo kuva ku bana b’imyaka 10 kuzamura.”
Umunyamabanga wa komite olempike y’ u Rwanda Parfait Busabizwa yatangaje ko kuri uyu munsi ataba ari nkaya marushanwa asazwe n’ubwo aba ari nk’amarushanwa yo gusiganwa ko baba bashaka guhuriza abantu hamwe bagasabana bakaganira hakanabaho n’ibindi bikorwa bihuza abantu, yakomeje atangaza ko kuri uyu munsi hazabaho no gupima indwara z’umutima na diyabete ku buntu kuko hari igihe umuntu aba ashobora kuba ayirwaye atabizi.
Busabizwa yakomeje asobanura ko uyu munsi utegurwa naza komite olempike zo ku isi, mu Rwanda bakazafatanya na MIJESPOC, hakiyongeraho amadolari 3000 atangwa na komite olempike ku rwego rw’isi mu rwego rwo kugira ngo uyu munsi ugende neza.
Kuri uyu munsi hakazakorwa isiganwa ku maguru ndetse no gusiganwa bagenda bisanzwe mu byiciro bitatu kuva ku myaka 10 kugeza kuri 15, kuva ku myaka 16 kugeza kuri 30 no kuva kuri 30 kuzamuka. Umunsi wa olempike ukaba uba mu rwego rwo kwerekana ibikorwa bya komite olempike, inasobanura akamaro ka siporo ku buzima bw’abantu muri rusange.
Nk'uko byasobanuwe na Dr Charles Rudakubana, umuyobozi wa komite olempike y’ u Rwanda, buri mwaka hategurwa umunsi mpuzamahanga wa olempike, ukabera mu bihugu byose tariki ya 23 Kamena, ariko ngo mu Rwanda uyu munsi wimuriwe tariki ya 16 Nyakanga 2011.
Rudakubana ati: “Mu Rwanda uyu munsi twawimuriye tariki ya 16 Nyakanga 2011, ukazabera mu mujyi wa Kigali, ibi byatewe n’uko uyu munsi wagiye uhura n’izindi gahunda nyinshi.”
Dr Rudakubana yakomeje asobanura uyu munsi wa olempike ko ari umunsi bakanguriraho abantu bose ibyiza bya siporo mu ngeri zose aho yatanze urugero rw’ abateganyijwe kwitabira uyu munsi.
Rudakubana ati: “Uyu ni umunsi w’abantu b’ingeri zose, mu bantu barenga ibihumbi bibiri duteganya bazitabira uyu munsi haba harimo kuva ku bana b’imyaka 10 kuzamura.”
Umunyamabanga wa komite olempike y’ u Rwanda Parfait Busabizwa yatangaje ko kuri uyu munsi ataba ari nkaya marushanwa asazwe n’ubwo aba ari nk’amarushanwa yo gusiganwa ko baba bashaka guhuriza abantu hamwe bagasabana bakaganira hakanabaho n’ibindi bikorwa bihuza abantu, yakomeje atangaza ko kuri uyu munsi hazabaho no gupima indwara z’umutima na diyabete ku buntu kuko hari igihe umuntu aba ashobora kuba ayirwaye atabizi.
Busabizwa yakomeje asobanura ko uyu munsi utegurwa naza komite olempike zo ku isi, mu Rwanda bakazafatanya na MIJESPOC, hakiyongeraho amadolari 3000 atangwa na komite olempike ku rwego rw’isi mu rwego rwo kugira ngo uyu munsi ugende neza.
Kuri uyu munsi hakazakorwa isiganwa ku maguru ndetse no gusiganwa bagenda bisanzwe mu byiciro bitatu kuva ku myaka 10 kugeza kuri 15, kuva ku myaka 16 kugeza kuri 30 no kuva kuri 30 kuzamuka. Umunsi wa olempike ukaba uba mu rwego rwo kwerekana ibikorwa bya komite olempike, inasobanura akamaro ka siporo ku buzima bw’abantu muri rusange.
Ikipe ifite ubumwe
ikipe y' igihugu Amavubi u17, ifite intwaro imwe ikomeye nabonye ni ubumwe abakinnyi bafitanye, ese wowe ubibona ute?
Ese Amavubi atsinze Canada uyu munsi arahita akomeza muri 1/8 cy'irangiza? Yego
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yabatarengeje imyaka 17 irakina umukino wa nyuma mu matsinda mu mikino y’igikombe cy’isi. Nyuma yo gutsindwa imikino ibiri abeshi bari kwibaza niba iramutse itsinze Canada yahita ikomeza mu mikino ya 1/8 cy'irangiza.
IGIHE.com yagerageje kubakorera isesengura ry’ibishoboka igihe u Rwanda rwaba rutsinze Canada, twasanze Amavubi akeneye itsinzi gusa kugira ngo akomeze mu mikino ya 1/8 cy'irangiza.
Mu mikino ya 1/8 cy’irangiza hagomba kujyamo amakipe 16 muri 24 yitabiriye iri rushanwa, hakazakomeza amakipe ya mbere abiri yo muri buri tsinda hiyongereho amakipe 4 yabaye aya gatatu mu itsinda, byumvikana ko mu matsinda 6 hagomba kuboneka amakipe 6 azaza ku mwanya wa 3, icyo gihe hagomba gutoranywamo amakipe 4 yitwaye neza.
Amatsinda 2 ya mbere yarangije imikino y’ amatsinda, byagaragaye ko mu itsinda rya mbere A hazazamuka amakipe 2 gusa kuko ikipe ya gatatu ya Korea y’amajyaruguru ifite amanota 2 gusa, byumvikana ko itabangamira u Rwanda mu gihe twaba twatsinze Canada kuko Amavubi yaba afite amanota atatu.
Mu itsinda rya kabiri cyangwa B naho imikino yarangiye, ikipe ifite umwanya wa gatatu ni Argentine ifite amanota atatu, Amavubi aramutse atsinze yaza ku mwanya wa gatatu nayo akagira amanota atatu.
Iyo urebye ku bitego Argentine yabashije gutsinda, ibitego 3 mu mikino itatu yakinnye itsindwa 7 byumvikana ko ifite umwenda w’ibitego 4, Amavubi amaze gutsindwa ibitego 3 mu mikino 2 amaze gukina, nta gitego na kimwe u Rwanda rwari rwatsinda muri iyi mikino bivuze ko Amavubi afite umwenda w’ ibitego 3.
Birumvikana ko mu gihe Amavubi yaramuka atsinze uko byagenda kose umwenda w’ibitego wagabanuka niyo yaba yatsinze 1-0 cyagwa harimo itandukaniro y’igitego 1 (urugero: Rwanda 7-6 Canada).
Ibi byagaragaje ko ikipe ya Argentine bitewe n’umwenda w’ ibitego byishi ifite nayo yasezerewe, bisobanura ko amakipe 4 yabaye aya gatatu azazamuka azaturuka mu matsinda asigaye (ukuyemo itsinda A na B), byumvikana ko n’ itsinda rya C ririmo n’u Rwanda ikipe iratsinda hagati y’ u Rwanda na Canada irakomeza.
Amavubi U17 yiteguye gushaka itsinzi kuri Canada
Nyuma yaho Faustin usengimana Atari bukine kubera imvune na Michelle Rusheshangoga kubera amakarita abiri y’umuhondo.
Amakuru dukesha Bonnie Mugabe, ni uko umutoza Richard Tardy yafashe icyemezo cyo kuza gukinisha Eugene Habyarimana mu mwanya wa Rusheshangoga ku ruhande rw’ iburyo, Turatsinze Hertier akaza kuguma mu mwanya wa Usengimana.
Izo nizo mpinduka zishobora kugaragara mu ikipe y’u Rwanda iri bukine na Canada guhera saa yine z’ ijoro kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Kamena 2011.
Bonnie Mugabe yakomeje atangaza ko morale ari yose mu ikipe y’igihugu Amavubi U 17, ku munsi w’ejo abahanzi bavuye muri Canada bamaze iminsi bafana ikipe y’igihugu Amavubi U17 barimo Samputu n’abandi bataramiye ikipe mu masaha ya nimugoroba babifuriza intsinzi ku mukino wa Canada.
Icyo gitaramo cyagaragayemo Ministiri w’urubyiruko Umuco na Siporo Protais Mitali, Ambasaderi James Kimonyo, umuyobozi wa FERWAFA Brig. Gen. Jean Bosco Kazura n’abandi bafana batandukanye.
Imikino itegerejwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya25 Kamena, ikaza kuba ku isaha imwe muri buri tsinda. Itsinda C imikino iraba saa yine z’ijoro, itsinda D iraba saa saba z’ ijoro (ku masaha yo mu Rwanda).
Itsinda C
Uruguay vs England
Canada vs Rwanda
Itsinda D
USA vs New Zealand
Czech Republic vs Uzbekistan
Imikino yaraye ibaye
Mexico 3-2 Netherlands
Congo 1-1 Korea
Japan 3-1 Argentina
Jamaica 1-1 France
IGIHE.com yagerageje kubakorera isesengura ry’ibishoboka igihe u Rwanda rwaba rutsinze Canada, twasanze Amavubi akeneye itsinzi gusa kugira ngo akomeze mu mikino ya 1/8 cy'irangiza.
Mu mikino ya 1/8 cy’irangiza hagomba kujyamo amakipe 16 muri 24 yitabiriye iri rushanwa, hakazakomeza amakipe ya mbere abiri yo muri buri tsinda hiyongereho amakipe 4 yabaye aya gatatu mu itsinda, byumvikana ko mu matsinda 6 hagomba kuboneka amakipe 6 azaza ku mwanya wa 3, icyo gihe hagomba gutoranywamo amakipe 4 yitwaye neza.
Amatsinda 2 ya mbere yarangije imikino y’ amatsinda, byagaragaye ko mu itsinda rya mbere A hazazamuka amakipe 2 gusa kuko ikipe ya gatatu ya Korea y’amajyaruguru ifite amanota 2 gusa, byumvikana ko itabangamira u Rwanda mu gihe twaba twatsinze Canada kuko Amavubi yaba afite amanota atatu.
Mu itsinda rya kabiri cyangwa B naho imikino yarangiye, ikipe ifite umwanya wa gatatu ni Argentine ifite amanota atatu, Amavubi aramutse atsinze yaza ku mwanya wa gatatu nayo akagira amanota atatu.
Iyo urebye ku bitego Argentine yabashije gutsinda, ibitego 3 mu mikino itatu yakinnye itsindwa 7 byumvikana ko ifite umwenda w’ibitego 4, Amavubi amaze gutsindwa ibitego 3 mu mikino 2 amaze gukina, nta gitego na kimwe u Rwanda rwari rwatsinda muri iyi mikino bivuze ko Amavubi afite umwenda w’ ibitego 3.
Birumvikana ko mu gihe Amavubi yaramuka atsinze uko byagenda kose umwenda w’ibitego wagabanuka niyo yaba yatsinze 1-0 cyagwa harimo itandukaniro y’igitego 1 (urugero: Rwanda 7-6 Canada).
Ibi byagaragaje ko ikipe ya Argentine bitewe n’umwenda w’ ibitego byishi ifite nayo yasezerewe, bisobanura ko amakipe 4 yabaye aya gatatu azazamuka azaturuka mu matsinda asigaye (ukuyemo itsinda A na B), byumvikana ko n’ itsinda rya C ririmo n’u Rwanda ikipe iratsinda hagati y’ u Rwanda na Canada irakomeza.
Amavubi U17 yiteguye gushaka itsinzi kuri Canada
Nyuma yaho Faustin usengimana Atari bukine kubera imvune na Michelle Rusheshangoga kubera amakarita abiri y’umuhondo.
Amakuru dukesha Bonnie Mugabe, ni uko umutoza Richard Tardy yafashe icyemezo cyo kuza gukinisha Eugene Habyarimana mu mwanya wa Rusheshangoga ku ruhande rw’ iburyo, Turatsinze Hertier akaza kuguma mu mwanya wa Usengimana.
Izo nizo mpinduka zishobora kugaragara mu ikipe y’u Rwanda iri bukine na Canada guhera saa yine z’ ijoro kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Kamena 2011.
Bonnie Mugabe yakomeje atangaza ko morale ari yose mu ikipe y’igihugu Amavubi U 17, ku munsi w’ejo abahanzi bavuye muri Canada bamaze iminsi bafana ikipe y’igihugu Amavubi U17 barimo Samputu n’abandi bataramiye ikipe mu masaha ya nimugoroba babifuriza intsinzi ku mukino wa Canada.
Icyo gitaramo cyagaragayemo Ministiri w’urubyiruko Umuco na Siporo Protais Mitali, Ambasaderi James Kimonyo, umuyobozi wa FERWAFA Brig. Gen. Jean Bosco Kazura n’abandi bafana batandukanye.
Imikino itegerejwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya25 Kamena, ikaza kuba ku isaha imwe muri buri tsinda. Itsinda C imikino iraba saa yine z’ijoro, itsinda D iraba saa saba z’ ijoro (ku masaha yo mu Rwanda).
Itsinda C
Uruguay vs England
Canada vs Rwanda
Itsinda D
USA vs New Zealand
Czech Republic vs Uzbekistan
Imikino yaraye ibaye
Mexico 3-2 Netherlands
Congo 1-1 Korea
Japan 3-1 Argentina
Jamaica 1-1 France
Ibintu 10 byaranze Primus League 2010-11
Shampiyona y’icyiciro cya mbere, Primus National Football League (PNFL), isojwe ikipe APR FC ariyo yegukanye Primus Cup mu gihe amakipe nka AS Muhanga na Musanze FC yo yisanze mu cyiciro cya kabiri (D2).
RuhagoYacu.com yabakusanyirije ibintu 10 byaranze PNFL uyu mwaka.
1. Amikoro yagiye ateza ikibazo
PNFL n’ubwo isojwe ariko hagiye havuka ibibazo aho wasangaga amakipe amwe n’amwe ataka ubukene ndetse rimwe na rimwe akagerageza kwihagararaho avuga ko "ukubera ikibazo cy'ubukungu ku isi yose".
Gusa ibi byagendaga biterwa ahanini na shampiyona yatinze gutangira, ndetse yanatangira ikagenda ihagarara cyane. Ibi bikiyongeraho kandi ku bijyanye n’umutungo w’amakipe aho wasangaga abayobozi batabasha kuwucunga kuko bakinishaga abakinnyi barenze ubushobozi bwabo.
Urugero ni nko kubona nka AS Muhanga, ikipe yari izamutse vuba mu cyiciro cya mbere, n'Amagaju FC zarashakaga kwishyira ku rwego rumwe n’amakipe nka APR FC mu kugura abakinnyi bahenze kandi bakomoka hanze y’u Rwanda.
Ibi byagiye bituma amakipe mato — yabaga afite abakinnyi bahenze — atabasha kubahemba bigatuma bigendera cyangwa bagahitamo kugumuka. Iki kibazo kandi cyabaye no ku makipe y’ibigugu nka Kiyovu Sports aho wasangaga abakinnyi babanza gutangaza mbere y’umukino ko bazawukina ari uko bahembwe.
Ibi byaterwaga ahanini n’imishahara yabo ihanitse iyi kipe itari ikibasha kwigondera.
Byageze n’aho abatoza berekana ko batishimiye Komite Nyobozi nk'igihe Kiyovu Sports yatsindiraga Etincelles FC ku mukino usoza imikino ibanza ya PNFL kuri Stade Mumena. Jean Marie Ntagwabira, wari umutoza mukuru wa Kiyovu Sports icyo gihe, yatangaje ko iyo ntsinzi abakinnyi babonye "ari nko gukoba ubuyobozi n’abafana ba Kiyovu Sports batita ku ikipe uko bikwiye."
Si Kiyovu Sports gusa kuko na Etincelles FC byayibayeho ubwo abakinnyi bari batagihembwa ndetse uwari umutoza icyo gihe, Beken, akajya abikopeshereza ibyo kurya ku ma butiki.
Ibintu byaje guhumira ku mirari ubwo iyi kipe yari igiye gusohokera u Rwanda muri Orange CAF Confederation Cup. Icyo gihe Etincelles FC yagombaga kujya muri Congo Brazzaville gukina na FC Leopards ariko abakinnyi banga kugenda badahawe ibirarane by’imishahara yabo.
2. Abakinnyi bagiye bigendera uko bashaka
Ubukene bwakoze ku makipe ntago bworoheye n'abakinnyi dore ko bagiye bagenda uko bashaka bagerageza gushaka amaramuko mu bindi bihugu nka Bangladesh, Oman, Djibouti...
Ikipe yahuye n’uruvagusenya ni Kiyovu Sports kuko yagiye itakaza abakinnyi hagati muri shampiyona aho Hussein Mbanze na Fuad Ndayisenga — babanje kugenda mbere yo kongera kugaruka — baje gukurikirwa na Bercy Bamuma ubwo yigiraga muri Oman. Dady Birori, wari uhetse iyi kipe mu kuyitsindira ibitego, we yaje kwerekeza muri Kongo Kinshasa ubutagaruka.
Abakinnyi Abed Mulenda, Papy Gasana na Albert Nyombayire ba Rayon Sports nabo bagiye nka nyomberi.
3. Shampiyona yabaye ndende cyane
Iyi shampiyona n’ubwo isojwe ariko ibaye ndende cyane. Ibi bikaba byaratumye amakipe agenda yinubira uburyo gahunda iteguye kuko wasangaga bakina iminsi ibiri ya shampiyona bagahagarara ibyumweru bitatu. Ahanini FERWAFA igatanga ibisobanuro by’uko habaga hategurwa ikipe y’igihugu mu marushanwa runaka.
Ibi nabyo ntibyatangaga umusaruro kuko abakinnyi bajyaga mu ikipe y’igihugu nta mbaraga bafite kuko nta mikino myinshi ya shampiyona babaga bakinnye, ibi bikaba ari no muri bimwe byanengwaga cyane.
4. Abafana babaye bake ku bibuga ndetse bagacika n’intege
Ubusanzwe nk'uko shampiyona zikinwa kandi zikarebwa, abafana nibo bazifasha kuryoha bitewe n’uburyo ki baba bakurikira amakipe yabo aho aba agiye gukina hose kugirango intsinzi iboneke.
Uyu mwaka w’imikino usa n'aho utahiriye imifanire dore ko abafana basaga nk'aho bahuzwe umupira w’amaguru mu Rwanda bitewe n’uko amakipe yabo yitwaraga. Hari abazaga bagataha bavuga ko basinzirira ku bibuga bagahitamo kujya kwirebera imipira yo ku mugabane w’Uburayi yabaga inabera rimwe na PNFL.
Abafana bamaze kurema izina mu Rwanda nka Rwarutabura wa Rayon Sports, Cow Bell wa Kiyovu Sports — waje guhindura akajya muri Rayon Sports akurikiyeyo Jean Marie Ntagwabira — ndetse yewe na Rujugiro wa APR FC hamwe n’abandi, wasangaga agahinda kababanye kenshi iyo amakipe yabo yabaga ari gutsindwa.
Si aba gusa kuko hari n’abandi bazwi wasangaga bibereye ku miryango ya za stade barihisha aho kwinjira mu kibuga ngo bajye gufana.
5. Ihindagurika ry’abatoza hato na hato
Primus League 2010-11 isize kiliziya ikuye kirazira mu batoza dore ko bahindaguye amakipe kakahava.
Abdul Mbarushimana wavuye muri Police FC agerageza kujya muri Nyanza FC, gusa Amagaju FC akamukura ku meza y’ibiganiro hadaciye amasaha 2 akamuha agatubutse ngo yerekeze i Nyamagabe.
Abatoza nka Benoit Akoko wagiye muri AS Muhanga akahava ajya muri Mukura VS, Sogonya (Kishi) Khamiss werekeje muri Etincelles FC shampiyona ijya kurangira, Antoine Rutsindura — bakunda kwita Mabombe — akaba yaraje kwirukanwa muri Musanze FC habura imikino 4 ngo PNFL isozwe agahita agana muri Nyanza FC.
Umutoza Beken wa Etincelles FC waje kwirukanwa bikarangira ariko agaruwe, Emmanuel Ruremesha na Radjab Bizumuremyi baje kuva muri Rayon Sports maze Ruremesha akerekeza muri La Jeunesse yari imaze gutakaza Jean Paul Kalisa ubwo yajyaga muri Rayon Sports nk’umutoza wungirije, Jean Pierre Ernezn waje mu Rwanda mu mikino ngororamubiri agahita ahitira muri Rayon Sports igihe gito...
Ibidashoboka nabyo byaje gushoboka ubwo inkuru yaje gusakara hose ko Jean Marie Ntagwabira yavuye muri Kiyovu Sports akajya kuba umutoza mukuru wa mukeba — Rayon Sports. Nyuma yo kuyisanga ahantu habi cyane, Ntagwabira arangije PNFL ashyize Rayon Sports ku mwanya wa 6.
Kiyovu Sports yahise ikora ukwihimura gutagatifu hanyuma izana umutoza wavukiye mu ikipe ya Rayon Sports. Uwo ni Jean Baptiste Kayiranga uyigejeje ku mwanya wa kabiri wa PNFL, anayiha itike yo guserukira u Rwanda muri Orange CAF Confederation Cup.
6. Mukura VS yageze ku munota wa nyuma ntawe uzi ibyayo
Ikipe ya Mukura VS ishobora kutazibagirwa uyu mwaka w’imikino cyane ko ihabiriye icyuya kidasanzwe.
Iyi kipe yarinze igera ku mukino usoza PNFL itazi niba izahaguma cyangwa ikamanuka muri D2. Gusa uburambe ifite muri iki cyiciro, izina ryayo ryabaye ubukombe ndetse no kwizera, gushyira hamwe bidasanzwe by’abakinnyi n’umutoza wabo Benoit Akoko nibyo byaranze ikipe ya Mukura VS mu mikino ya nyuma bityo binatuma igumisha ibirenge byombi muri Primus League.
Mukura VS irangije shampiyona ifite abakinnyi batarenga 16.
7. APR FC yabuze ikipe bahangana
Uyu mwaka w’imikino wasize ikipe ya APR FC isa n'aho nta kipe byari bihanganye dore ko igice cya mbere cya shampiyona cyarangiye iyi kipe idatsinzwe, ndeste ugasanga amakipe amwe n’amwe asanzwe akomeye mu Rwanda atarabashije gushimaho kubera ibibazo by’ingutu yabaga yibereyemo. Ibyo byose byatumaga APR FC ikomeza kogoga ikirere yonyine.
Iyi kipe yaje gutakaza umukino wayo wa mbere, PNFL iri hafi kurangira, ubwo yatsindwaga na AS Kigali 1-0 ariko ntibyayibuza gutwara Primus Cup habura imikino 5 yose.
APR FC kandi isa nk'aho nta bibazo bihambaye by’abakinnyi yigeze igira kuko abasabwa bose babaga bahari. Umukinnyi Jean Baptiste Mugiraneza ashobora kuzashimiriwa n’iyi kipe kuko ari muri bamwe ikesha gutwara Primus Cup.
APR FC irangije ifite amanota 59 ikaba irusha ikipe iyigwa mu ntege, ariyo Kiyovu Sports, amanota 18 yose.
8. Rayon Sports ku mwanya wa 6
Iyi kipe ni imwe mu makipe akomeye hano mu Rwanda gusa uyu mwaka w’imikino ntiwayihiriye kuko iwusoje iri mu myanya mibi ugerereranyije n’izina ryayo, cyane ko ari ikipe, n’ubwo yaba itasohotse, itarajyaga ibura mu myanya 3 ya mbere.
Uyu mwaka wayibereye amateka kuko no kutitwara neza ahanini ibiterwa n’ibyagiye bibera mu buyobozi bwayo hejuru nk’aho wasangaga umutoza Andy M’futila aza akongera akagenda, ubundi hakaza umutoza Ernezn utarakundwaga n’abakinnyi, nabo bakamutura intsinzwi. Ibi byose rero biza gutuma iyi kipe igenda itsitara n’ahatari ngombwa.
Rayon Sports isoje PNFL iri ku mwanya wa 6 n’amanota 28 aho irushwa na mukeba Kiyovu Sports amanota 13.
9. Amategeko amwe n’amwe atarubahirijwe
Mu gihe iyi shampiyona yakinwaga, abakunzi b’umupira w’amaguru ntibishimiye bimwe mu byemezo byafatwaga.
Aha abenshi bibuka igihe APR FC yakinaga na Etincelles FC ku mukino w’igice kibanza cya shampiyona maze imvura ikaza kugwa. Etincelles FC yahise itaha bwije ariko FERWAFA ivuga ko hagomba gukurikizwa itegeko rirebana n’ibiza, ariryo rivuga ko "umukino ugomba gusubirwamo bukeye, ukabera kuri stade imwe kandi n'abasifuzi bakaguma ari babandi."
FERWAFA yakomeje ivuga ko hari n’andi makipe byakorewe. Etincelles FC yanze kugaruka maze iterwa mpaga.
Gusa mu minsi ishize icyatangaje abantu ni uko ubwo Musanze FC yakinaga na Mukura VS hanyuma umukino ugasubikwa kubera imvura, abantu barindiriye ko umukino usubirwamo bukeye, bikagenda nk'uko byagenze ku mukino wa APR FC na Etincelles FC, baraheba. Umukino waje gusubirwamo habura umunsi umwe gusa ngo PNFL isozwe.
Ibi bikaba byarateje urujijo mu bakunzi b’umupira w’amaguru hano mu Rwanda.
Ikindi kibazo cyavutse ni ruswa yarezwe umukinnyi w’Amagaju FC ubwo byavugwaga ko yayihawe na Rayon Sports ngo aze gusangira n’abandi bakinnyi bitsindishe ariko Amagaju FC akaza kubimenya agahita amwirukana, arangiye ashyikiriza n'ikirego FERWAFA.
Ibi nabyo ntibyigeze bikurikiranwa ahubwo uyu mukinnyi yaje no guhabwa ikarita imwemerera gukinira Etincelles FC mu mikino yo kwishyura mu gihe nyamara mu Butaliyani ho ruswa yatumye ba Luciano Moggi wari umuyobozi wa Juventus ahagarikwa mu bikorwa byose bijyanye n’umupira w’amaguru mu buzima bwe bwose kubera caliciopoli ya 2006.
10. Police FC yashyuhije shampiyona
Ubwo Police FC yatangiraga shampiyona, abantu bari batangiye kuyita Man City ya hano mu Rwanda kubera kugura abakinnyi benshi kandi bakomeye ibavanye no mu makipe akomeye ya hano mu Rwanda. Ibyo byose Police FC yabikoraga kandi ari nako irekura amafaranga atubutse.
Icyo gihe, bayobowe n'umutoza Abdul Mbarushimana, bakinnye imikino ya mbere 2 maze barayitsinda. Gusa nyuma hahise haza umutoza Goran Kopunovic ukomoka muri Serbia. Uyu we akihagera ntiyasakirwa dore ko yahise atsindwa imikino 5 ikurikirana biviramo ko abamwungirije bose, harimo na Mbarushimana, birukanwa.
Aho ni nabwo iyi kipe yahise itangira gutsinda ndetse ituma hanabaho guhangana ku makipe kuko andi yasaga n'aho asinziriye.
Iyi kipe ntiyarekeye aho dore ko yahise inakusanya abafana b’abaturage basanzwe bakajya babishyura. Ibyo byatumye iyo kipe ihita ibona abafana — nyamara amakipe nka ATRACO FC yo yari itunze abashoferi yaburaga n’abafana 100 kuri stade. Police FC yo yaje ije ibasha ndetse no kwicara muri Big Four kuko ubu irangije PNFL iri ku mwanya wa 3.
Subscribe to:
Posts (Atom)