Thursday, November 10, 2011

Si ibihuha Micho arashaka kuzana super sport mu Rwanda


Umutoza w’ikipe y’igihugu amavubi Sredejovic Milutin, Micho, atangaza ko iyo agiye mu gihugu azana ibye byose mu gihugu, yaba inshuti, ubumenyi bwe n’ubwenge bwe aho agiye mu kazi hose.

Aya magambo yayabwiye itangazamakuru ubwo ryamubazaga,niba koko ibyavuzwe ko yaba afitanye ubushuti na bamwe mu bayobozi ba Supersport,televiziyo mpuzamahanga ikunze kwerekana imikino mpuzamahanga,ari ukuri.
Yagize ati:”ibi byose bisaba ko televiziyo y’u Rwanda izaba ifite ibyuma bikomeye byabasha kohereza amashusho agezweho, kuko ntabwo hazava abantu muri afurika y’epfo gukoresha kamera,ariko nk’uko bimeze muri Ouganda no muri Kenya,ni uruhare rukomeye rwa TVR.

Uyu mutoza yemeza ko ko afitanye ubucuti na bamwe mu bayobozi ba Supersport kandi ko azakora ibishoboka byose,shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ikerekanwa kuri iriya televiziyo mpuzamahanga.

Ibi byatangajwe mu gihe bivugwa ko kuzana supersport mu Rwanda,byaba ari muri bimwe byagizwe iturufu n’uyu mutoza kugirango akunde abone akazi ko gutoza amavubi.

No comments:

Post a Comment