Saturday, November 19, 2011

Ese abanyarwanda bategereje gute Tour of Rwanda 2011 ?




Buri mu mpera z’ umwaka mu Rwanda habera irushanwa ryo gusiganwa ku magare ryitwa Tour of Rwanda, iri rushanwa abasiganwa bazenguruka hafi mu bice byose bigize u Rwanda. Iri siganwa riba mu byiciro bitandukanye rikazenguruka ahantu harenga ibirometero 1110 (1110km).
Umukino w’ amagare n’ umwe mu mikino ikuzwe cyane mu Rwanda, uyu mukino ukaba ufite umwihariko wo kuba ugaragara ahantu henshi (mu duce twishi) hatandukanye kandi n’abawureba bakawurebera ubuntu. Tour of Rwanda 2011 itegerejwe cyane n’abakunzi b’ umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda, urebeye kuri amwe mu marushanwa amaze iminsi aba mu Rwanda asa nkategura iri siganwa wasangaga ku mihanda hari abafana benshi cyane, iyo uganiriye na bamwe mu baje kureba uyu mukino bakwereka uburyo uyu mukino ari mwiza cyane, mu minsi ishize twaganiriye na bamwe mu bafana barimo bakurikirana Kigali City Tour 2011, abeshi bakubaza nimba ari Tour of Rwanda yatangiye, cyagwa igihe izatangirira cyane ko abeshi baba bayitegereje.
Tour of Rwanda kuva mu mwaka wa 2009 yagizwe isiganwa mpuzamahanga, kuva icyo gihe iri siganwa ryahinduye isura, umubare w’abakinnyi wariyongeye kandi hatangira kuzamo n’abakinnyi ba mbere mu rwego rwa Afurika nandi makipe atandukanye aza aturutse hirya no hino kw’ Isi, ibi nabyo byatumye umubare w’abakurikiranaga iri siganwa wiyongera cyane.
Tour of Rwanda 2011 ikaba itegerejwe na benshi aho kuri ubu mu Rwanda abantu baba babikurikiranye mu bitangazamakuru bitandukanye bazi neza agace amagare ari bucemo, ugasanga mudusantere abantu buzuye cyane ahantu haba hirengereye ku buryo babasha kureba igice kinini cy’ umuhanda.
Amakuru ducyesha akanama gashizwe gutegura Tour of Rwanda n’ uko uyu mwaka bizeyeko umubare w’abanyarwanda ndetse n’abandi baza gukurikirana iri siganwa uziyongera bagendeye ku buryo imibare y’abafana mu marushanwa atandukanye yo gusiganwa ku magare yagiye yiyongera muri iyi myaka ishize.

No comments:

Post a Comment