Kuri uyu wa gatanu tariki ya 18 Ugushyingo 2011 mu masaha y’ umugoroba, ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cy’i Kanombe hageze amakipe ya AVIA FLANDERS yo mu Bubiligi na REINE BLANCHE yo mu Bufaransa.
Aya makipe yaje yiyongera ku yandi makipe yamaze kugera i Kigali harimo ikipe ya TYPE 1 SANOFI yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, iya MTN QHUBEKA yo muri Afurika y’epfo n’ ikipe y’ igihugu ya Tanzanie, ikipe y’ igihugu ya Gabon, ikipe y’ igihugu ya Kenya n’ikipe y’ igihugu ya Ethiopia.
Kugeza ubu amakipe yose azitabira Tour of Rwanda 2011 uko ari 8 akaba yamaze kugera mu Rwanda aho acumbikiwe mu ma Hoteri atandukanye yo muri Kigali, hakiyongeraho amakipe abiri y’ u Rwanda Kalisimbi n’ Akagera.
Tour of Rwanda 2011 iratangira kuri icyi Cyumweru tariki ya 20 Ugushyingo 2011 ikazatangirira kuri Stade Amahoro guhera saa munani (14h00).
No comments:
Post a Comment