Monday, May 30, 2011

FERWAFA ikwiye gukosora uburyo ipanga abasifuzi.

byaravuzwe keshi ko mu mupira w' amaguru kugirango utere imbere haba hacyenewe n' abasifuzi bazima, bagasifura neza imikino ubundi imikino ikagenda neza.
mu mupira w' u Rwanda uyoborwa na FERWAFA hari ikibazo cy' abasifuzi, mu cyiciro cya mbere cyo si cyane kuko hagaragara rimwe na rimwe amakosa wenda ugasanga nukutamenya gusifura cyagwa habaho no kwiba nibibe buri munsi.
mu cyiciro cya kabiri hari ikibazo cy' abasifuzi kandi gikomeye, uko bapangwa, FERWAFA ngo ireba aho umukino uzabera igashaka abasifuzi batuye hafi yaho kubera ikibazo cya deplacement, byumvikana ko abasifuzi akeshi basifurira amakipe bahorana nayo hakwiyongeraho ko usanga nta bayobozi bo muri FERWAFA baba baje kureba iyo mikino bikaba ibindi bindi.
muri iyi week end byo byabaye ibindi ubwo ikipe ya UNR FC yaterwaga mpaga kandi umukino utarangie kuko bari bageze ku munota wa 35 w' igice cya kabiri UNR FC ifite 2-1 cya United Stars.

nawe reba ubu se ibi birakwiye.

Ku munsi wa 17 wa shampiyona, umusifuzi yaburiwe irengero mu mukino hagati!

Ku Cyumweru tariki ya 29 Gicurasi 2011 hakinwe imikino y’ umunsi wa 17 ya shampiyona y’ icyiciro cya kabiri mu mupira w’ amaguru mu Rwanda. Imikino ikaba igeze aho rukomeye, dore ko hasigaye umunsi umwe wa shampiyona kugirango haboneke amakipe 4 muri buri tsinda azerekeza mu mikino ya ¼ cy'irangiza.

Icyagaragaye kuri uyu munsi ni ukuburirwa irengero kw’ umusifuzi wo ku ruhande (linesman) mu mukino wa UNR na United Stars bituma UNR iterwa mpaga. Ikindi n’ ikipe ya Espérance FC yo kuri Maison des Jeunes ya Kimisagara ikomeje kwitwara neza ikaba yaranyagiye Rwamagana City i Kibungo ibitego 5 ku busa harimo ibitego bitatu bya rutahizamu Hakizimana Vincent.

Ikindi cyabaye ni ukutagera ku kibuga kw’ ikipe ya Zèbres, aho Espoir FC yahise iyitera mpaga, iyi ngeso ikunda kugaragara mu mikino ya nyuma yo mu kiciro cya kabiri iyo amakipe abona ko ntacyo akirwanira.

UNR yatsinze 2-1 iterwa mpaga!

Iyo ugiye ku rubuga rwa interineti rw’ ishyirahamwe ry’ umupira w’ amaguru mu Rwanda FERWAFA, urasanga ikipe ya Kaminuza nkuru y’ u Rwanda yaratewe mpaga ku munsi wa 17 wa shampiyona aho yagombaga gukina na United Stars.

Abari ku kibuga cya Kabagari aho uyu mukino wabereye badutangarije ko uyu mukino utabashije kurangira, uyu mukino wahagaze ugeze ku munota wa 35 w’ igice cya kabiri aho ikipe ya UNR yari ifite ibitego 2-1 cya United Stars, bakomeje badutangariza ko umusifuzi ariwe wafashe icyemezo cyo guhagarika umukino nyuma y'aho umusifuzi wo ku ruhande abuze!

Twavuganye na kapitene w’ ikipe ya UNR Bereki adutangariza ko batunguwe no kubona batewe mpaga, Bereki ati “umukino watangiye neza, amakipe abiri ahanganye pe! Ariko umusifuzi agakomeza kudasifura neza, nyuma umusifuzi yaje gutanga penaliti mu gihe rwose nta kosa ryari ribaye, yewe niyo riba ryabaye ntibari mu rubuga rw'amahina kuko harimo nka metero 3, ku buryo na kwa kundi abakinnyi bagwa bakigaragura ntiyashoboraga kugera mu rubuga rw’ amahina, none ngo baduteye mpaga!”

Kapitene Bereki yakomeje adutangariza ko hahise haba akavuyo , ati "ariko police yabaye hafi ku buryo byahise bishira, penaliti turayemera kuko nta kundi twari kubigenza ariko twumva ngo umupira urahagaze kuko ngo umusifuzi wo ku ruhande abuze, kandi ngo ntibasifura ari babiri gusa doreko ntana komiseri w’ umukino wari uhari."

No comments:

Post a Comment