Sunday, May 29, 2011

Amavubi: Karekezi azagera mu Rwanda kuri uyu wa kabiri

Ikipe y’ igihugu Amavubi imyitozo aho iri kwitegura umukino n’ ikipe y’ igihugu y’ u Burundi mu rwego rwo gushaka itike yo kwerekeza mu mikino ya nyuma ya CAN 2012 izabera muri Gabon na Equatorial Guinea, mu bakinnyi umutoza yongeye guhamagara karekezi Olivier ategerejwe kugera mu Rwanda kuri uyu wa kabiri.

Nyuma y’ igihe kitari gito bamwe mu bakinnyi babigize umwuga batitabazwa mw’ ikipe y’ igihugu Amavubi, umutoza Sellas Tetteh yongeye kubagirira icyizere ku mukino ari kwitegura bazakina n ikipe y’ igihugu y’ u Burundi, Kalisa Mao, Bokota Labama, Dady Birori na Karekezi Olivier bahamagawe nk’ abakinnyi bakina hanze y’ igihugu biyongera kuri Uzamukunda Elias Baby na Mafisango baheruka kugaragara mu mukino Amavubi aheruka gukina.

Mu kiganiro IGIHE.com yagiranye na Karekezi Olivier, ukinira ikipe ya Osters ibarizwa mu cyiciro cya kabiri mu gihugu cya Sweden kuri interineti yadutangarije ko azagera mu Rwanda kuri uyu wa kabiri nijoro ku buryo kuwa Gatatu azagaragara mu myitozo n’ abandi bakinnyi, yakomeje adutangariza ko yishimiye kongera guhamagarwa kandi ko yiteguye kwitwara neza afasha bagenzi kugira ngo babone itsinzi. Tumubajije ku kibazo abeshi bavuga ko yaba yarasubiye inyuma yadutangarije ko mu mikino habaho kubyuka umeze neza cyagwa wasubiye inyuma akaba ariyo mpamvu azahagera kare agakorana imyitozo n’n abandi ubundi umutoza yabona agashakamo abashoboye ntabyo kuvuga ko niba uri umukinnyi wabigize umwuga bihagije kugira ngo uboneke mu bakinnyi bagomba kubanza mu kibuga.

Abandi bakinnyi umutoza Sellas Tetteh yahamagaye bakina muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ni Bokota Labama wa Motema Pemba, Dady Birori ukinira ikipe ya FC Lupopo ndetse na Kalisa Mao, amakuru dukesha The New Times ngo n’uko aba bakinnyi baraturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bazagera mu Rwanda kuri uyu wa mbere, Patrique Mafisango yamaze kugera mu Rwanda ari gukorana n’abandi imyitozo naho Uzamukunda Elias Baby ukina muri AS Canes mu Bufaransa biteganyijwe ko agera mu Rwanda kuri icyi Cyumweru tariki ya 28 Gicurasi 2011.

U Rwanda rurabarizwa ku mwanya wa gatatu n’ amanota 3 mu itsinda H, mu igihe Amavubi yatsinda umukino bazakina n’ ikipe y’ igihugu y’ u Burundi iri ku mwanya wa nyuma n’ inota rimwe naho Côte d'Ivoire iri ku mwanya wa mbere n’ amanota 9 igatsinda Benin iri ku mwanya wa kabiri n’ amanota 4 u Rwanda rwahita rufata umwanya wa kabiri.

Uko imikino itegerejwe mu itsinda C:

Ku Cyumweru tariki ya 5 Kamena 2011

Burundi VS Rwanda
Benin VS Côte d'Ivoire

No comments:

Post a Comment